Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

MINISITIRI W'INTEBE YASABYE ABAHINZI KWITEGURA GUHANGANA N'IMIHINDAGURIKIRE Y'IKIRERE.

Ubwo yifatanyaga n'abaturage b'Akarere kla Nyaruguru mu gutangiza ku mugaragaro igihembwe cy'Iginda 2026 A mu murenge wa Nyagisozi, Minisitiri w'Intebe Dr. Nsengiyumva Justin yasabye abahinzi guhinga ubutaka bwose bwagenewe guhingwa no kwitegura guhangana n'imihindagurikire y'ikirere.

Ibi byatangajwe  kuwa 22/09/2025    kuwa Minisitiri  w'Intebe yifatanyaga n'abahinzi bakorere mu gishanga cy'urwonjya gifite ha 115   giherereye mu murenge wa Nyagisisozi  kikaba gihingwa n'abahinzi 1742   bo mu mirenge ya  Nyagisozi na Cyahinda ahatewe imbuto y'ibigori.

Aganira n'abaturage  , Minisitiri  yasabye abaturage  guhinga ubutaka bwose bwagenewe  guhingwa no kwitegura guhanga n'imihindagurikire y'ikirere no gukoresha  inyonmgeramusaruro zabugenewe.Dr Nsengiyumva yijeje abahinzi ko agiye gusaba abashinzwe ubuhinzi (Agronomes) kurushaho gufasha abahinzi kugira ngo umusaruro ukomeze kwiyongera.

Banzubaze Ferdinand, umuhinzi w’i Nyaruguru, yashimiye Leta yabahaye ishwagara, kuko ubutaka bw’aka Karere bwashariraga bukagira ingaruka ku musaruro bategereje.

Ati:“Ubu turahinga tukeza bitandukanye nuko byari bimeze mu myaka yashize kuko twahoraga tujya guhaha mu tundi Turere, ubu imodoka ziza gupakira ibigori, icyayi n’ibirayi zirasimburana”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel, yavuze ko bashimira Perezida Paul Kagame wamenye icyo ubutaka bw’i Nyaruguru bukeneye, aho ubu abaturage basarura ibigori n’ibirayi bagasagurira amasoko.

Nyuma yo gutangiza igihembwe cya mbere cy’ihinga, Minisitiri w’Intebe yasuye Uruganda rw’icyayi rwa Mata.