BIGIYE KU KARERE KA NYARUGURU UKO BATEZA IGIHINGWA CY'IBIRAYI MURI KARONGI
Itsinda ry'abakozi n'abahinzi b'Akarere ka Karongi bayobowe n'Umuyobozi w'Akarere Wungirije bakoreye urugendo shuri mu karere ka Nyaruguru hagamijwe kukigiraho uko bateza imbere ubuhinzi bw'ibirayi hifashishijwe tekiniki zikorwa muri Nyaruguru dore ko imitere y'ubutaka bw'utu turere ifite byinshi ihuriyeho.
Uru rugendoshuri rwakozwe kuwa 03/09/2025 aho iritzi wsinda ryakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Nyaruguru Dr. Murwanashyaka Emmanuel ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu,Bwana Gashema Janvier ah babagaragarije urugendo Akarere ka Nyaruguru kakoze kuigira ngo kabashe guteza imbere igihingwa cy'ibirayi no gutubura imbuto n'ubwo nabo bataragira ubushobozi bwo gutubura imbuto ihagije.
Muri uru ruzinduko hasuwe Association Pour le Developpemnt de Nyabimata (ADENYA) ikigo kigamije guteza imbere icyaro hibanda cyane cyane ku buhinzi n'ubworozi aho ubu bafite ubunararibonyer mu gutubura imbuto y'ibirayi no kuyikwirakwiza mu baturage ndeste banasura Koperative urwonjya Abishize Hamwe ikorera mu murenge wa Nyagisozi aho bakorana na Rumbuka mu gutubura imbuto y'Ibirayi.
Mu butumwa iritsinda ryaturutse mu karere ka Karongi ryahahawe bwibaze ku kubasobanurira uko bategura ubutaka,imikoreshereze y'inyongeramusaruro zitanduka, uburyo bwo gukora amaterasi n o gutunganya ibishanga n'ibikorwa by'ibanze abaturage bagiye kubikoresha bwa mbere nyuma y'uko bitunganijwe bakorerwa.