ABASAGA 4300 BACIYE UKUBIRI N'INDWARA ZIKOMOKA KU MWANDA
Abaturage basaga 4300 babarirwa mungo 1003 zo mu murenge wa Nyabimata bavugako baciye ukubiri n'indwara zikomoka ku mwanda nyuma y'uko bubakiwe umuyobozi w'amazi meza watwaye amafaranga asaga 330,000,000.
Ibi byagarutsweho kuwa 24/09/2025 mu ruzinduko umuyobozi w'Akarere Dr. Murwanashyaka Emmanuel ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa LODA n'abafatanyabikorwa ubwo basuraga abaturage bubakikwe umuyoboro w'amazi aho bavugako bari bamaze igihe kinini bavoma amazi atari meza none ubu bakaba barahawwe na leta amazi meza.
Abaturage bavugako bakoraga urugendo rw'ibirometero 6 bajya gushaka amazi meza kuburyo n'abana bakerewaga ishuri none ubu bayabona hafi kandi ku mafaranga umunani gusa.